IHEREZO RY’IBYATEGANYWAGA N’ITEGEKO NGENGA RYEREKEYE INKIKO GACACA
Inkiko Gacaca zakuweho n’Itegeko Ngenga n° 04/2012/ol ryo ku wa 15/06/2012, rinagena uburyo bwo gukemura ibibazo byari mu bubasha bw’Inkiko Gacaca. Iryo Tegeko Ngenga ni na ryo ryakuyeho Itegeko Ngenga n° 16/2004 ryo ku wa 19/06/2004 rigena imiterere, ububasha n’imikorere by’Inkiko Gacaca zishinzwe gukurikirana no gucira imanza abakoze ibyaha bya jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu byakozwe hagati y’itariki ya mbere Ukwakira 1990 n'iya 31 ukuboza 1994 ryahinduwe n’itegeko Ngenga n° 28/2006 ryo ku wa 27/06/2006, n’Itegeko Ngenga n° 13/2008 ryo kuwa 19/05/2008.
Ingingo ya 95(3) y’Itegeko Nshinga Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 nk’uko ryavuguruwe mu 2015 yerekeranye n’ubusumbane bw’amategeko, yateganyaga ko Amategeko ngenga ari amategeko Iegeko Nshinga rigena nk’amategeko ngenga kandi riha ububasha bwo kugena indi mirongo y’ingenzi mu mwanya w’Itegeko Nshinga, naho ingingo yaryo ya 171(3) igateganya ko “Andi mategeko yose asanzwe akurikizwa mbere y’uko iri Tegeko Nshinga rivuguruye ritangira gukurikizwa akomeza kubahirizwa mu ngingo zayo zose zitanyuranyije n’iri Tegeko Nshinga mu ireme ryazo kugeza igihe ayo mategeko ahujwe n’ibiteganywa n’iri Tegeko Nshinga rivuguruye”).
Itegeko Ngenga ryerekeye Inkiko Gacaca ntiryari rigiteganywa n’Itegeko Nshinga ryo mu 2003 ryaguwe mu 2015. Icyakora, ibyo ntibyatumye Itegeko Ngenga n° 04/2012/ol ryo ku wa 15/06/2012 rivaho. Ryakomeje kubaho, hashingiwe ku ngingo ya 171(3) y’Itegeko Nshinga. Muri urwo rwego kandi, nta tegeko risanzwe ryimuriwemo ibyateganywaga n’Itegeko Ngenga ryo muri 2012 ryigeze rijyaho. Ahubwo ibyateganywaga n’Itegeko Ngenga ryo muri 2012 byagiye byimurirwa mu yandi mategeko.
Itegeko Nshinga ryatangajwe mu Igazeti ya Leta yo ku wa of 04/08/2023 ntiryongeye guteganya ibyateganywaga n’ingingo ya 171(3). Ibi bisonanura ko guhera ku itariki ya 04/08/2023 Itegeko Ngenga n° 04/2012/ol ryo ku wa 15/06/2012 ryayuveho.
Icyakora, kuvaho kw’iryo Tegeko Ngenga ntibyateye icyuho kuko izari ingingo zaryo z’ireme zigikenewe zimuriwe mu yandi mategeko, ari yo Itegeko nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, nk’uko ryahinduwe; Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryahinduwe, Itegeko no 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, nk’uko ryahinduwe; n’Itegeko nº 30/2018 ryo ku wa 02/06/2018 rigena ububasha bw’inkiko. Ibindi by’ireme bishobora kubahirizwa hashingiwe kuri ayo mategeko asanzweho, hiyongereyeho Itegeko n° 37/2016 ryo ku wa 08/09/2016 rigena imitunganyirize, ifasi, ububasha n’imikorere bya Komite y’Abunzi. Ibindi ntibikeneye kwimurirwa mu yandi mategeko kuko bitari ireme (ingingo ya 1, iya 17, iya 21, n’iya 23), cyangwa bikaba byararangije umumaro wabyo (ingingo ya 2, iya 19 n’iya 22.